Archives par étiquette : ingabire marie immaculée

Rwanda : prezida Paul  Kagame yishongoye bikabije ku bayobozi  n’abaturage  b’akarere ka Gasabo

photo wikipedia

photo wikipedia

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Ni kuri uyu wa 07/02/2017 ubwo yabasuraga mu kiganiro yagiranyen’abayobozi batandukanye bo mu karere ka Gasabo  aho yabonanaga n’abagize inama ya comité mpuzabikorwa y’akarere.

Mu ijambo rye abambari be bakunze kwita impanuro, Prezida Kagame yabakuriye inzira ku murima ababwira ku byerekeranye n’inzara ivugwa mu gihugu, ati iyo  imvura itaguye ukugemulira nawe ntabishake wumva ko wabeshwaho n’iki? waba uwande? ati icyo gihe urapfa! kuko aba ari wowe uba wizize! ati mugomba kumenya kwishakamo ibisubizo kuko ku isi nta muntu ufite ububasha bwo kugusha imvura uko abishaka, akomeza avuga ko mu gihe imvura itaguye abaturage bagomba kumenya uburyo bwo kureka amazi  y’imvura, ati nibatabikora bazasonza bapfe kuko ntakundi bizabagendekera cyangwa bahore basabiriza.

Banyarwanda banyarwandakazi, uretse ubwishongozi bw’uyu muyobozi gusa, murabona se abaturage bemeye guhebera urwaje bazakurahe ibikoresho byo gufata amazi yo gukoresha mu buhinzi no mu gihe imvura itaguye? Ese abaturage babuze ayo banywa kugeza ubwo basigaye basangira ibirohwa n’amatungo, bazabona ayo kuhira imyaka? ayo mazi yonyine se anabonetse  yasimbura ibyo gushyira mu gifu?

Prezida Paul Kagame arirengangiza inzara iri mu gihugu hose akemeza ko nihari yagaragaye mu ntara y’iburengerazuba n’amajyepfo gusa! prezida Kagame yongeyeho kandi ko nubwo imvura itagwa abaturage bagomba no kuyoboka imigezi bakayibyaza umusaruro! birabaje pe! abanyarwanda bateye agahinda rwose aho uwakabarengeye yigize ntibindeba ati nimutishakamo ibisubizo mukeka ko ari nde uzabibakorera? ati ‘’muzapfa’’!

Paul Kagame yakomoje no ku mutekano ababwira ko uko igihugu gitera imbere twese tugomba kubigiramo uruhare twirindira umutekano n’ibiva mu musaruro wacu by’umwihariko, dutanga amakuru ku gihe y’abanywi b’ibiyobyabwenge kuko ahanini aribo bihisha inyuma yo guhungabanya umutekano n’ubujura, ati kuko iyo bidakozwe namwe bibagiraho ingaruka.

Prezida Kagame yakomeje avuga no kibazo cy’itangwa rya ruswa, ati nubwo ibyegeranyo bitandukanye bishyira u Rwanda mu myanya ya mbere mu kurwanya ruswa ntibisobanuye ko turi ibihangange! ati ku bayobozi ikintu cy’inyerezwa ry’umutungo, kwikanyiza ibigenewe abo uyobora bikaba ibyawe,ku isonga wowe uyobora ukagira ibyo utwara kurusha abandi by’umwihariko, ibisigaye bikagabanywa abakungirije aliko ukibagirwa ko ibyo byose bikugiraho ingaruka! zitanakugezeho uyu munsi wibwira ngo warazicitse buracya zikakugeraho, bisobanuye ko wowe muyobozi uba wahindutse igitotsi muli système kandi ubundi inshingano zawe zagombye guhera ku mutima-nama wawe kugirango ushobore kuzuza ibyo ushinzwe.

Prezida Paul Kagame yakomeje abwira abo bayobozi ko nibaramuka babirwanije bizacika aliko nibaceceka ruswa izakomeza ihabwe intebe muli système,ati rero banyarwanda ni ugukomeza urugamba rwo gutera imbere mu kwigira kuko ntawe ugomba kutugira, ati duhange duhereye ku by’iwacu, duhahe iby’iwacu made in Rwanda, dusagurire n’amahanga.

Banyarwanda banyarwandakazi, izi mpanuro nkuko bamwe bazita ziragaragaza intege nke z’uyu muyobozi Paul Kagame mu guhangara abo yahaye amata bamwe bitwa ibifi binini (ibikomerezwa) aho bidakorwaho kandi iyo ruswa ivugwa ikaba ahanini yarashinze imizi muli byo! ahubwo ugasanga abagezwa mu nkiko ari rubanda rugufi bene ngofero gusa, barimo abamotari n’abashoferi nkuko biherutse kwemezwa na Prezida w’urukiko rw’ikirenga muli rapport 2016 y’imanza za ruswa zaburanishijwe n’inkiko aho bigaragara ko abashoferi n’abamotari aribo baza ku isonga ku kigereranyo cya 14/35, ari naho uyu Prezida Sam Rugege  yaboneye n’umwanya wo kubwira itangazamakuru ko urukiko rw’ikirenga atarirwo rushinzwe gushaka ibikomerezwa birya ruswa ngo biburanishwe.

Prezida Kagame rero aho kugira ngo yirukane ibyo bisambo abona ko byamunze système yahisemo kujya abihindurira amakoti aliko ntibive ku ntebe z’ubuyobozi. Birababaje!

Banyarwanda banyarwandakazi, muriyumvira namwe! Marie Immaculée INGABIRE uyobora umuryango transparency International rwanda ati ibifi binini birya ruswa nibifatwe nabyo bishyikirizwe inkiko. Prezida w’urukiko rw’ikirenga Prof.Sam RUGEGE nawe ati urukiko ntirushinzwe gushaka ibikomerezwa birya ruswa! bizagenda bite rero ko système yose irwaye? niyegure itange umwanya kuko abanyarwanda batari bacye biteguye kuvana igihugu cyabo mu kangaratete.

Mugire amahoro.

Byanditswe kuwa 10/02/2017, na:
A.BEN NTUYENABO,KIGALI-RWANDA.

 

Ministre Busingye ati ubutegetsi ni ubwa rubanda! Ese koko niko bimeze mu Rwanda ?

Johnston-Busingye, ministre w'ubucamanza/inyenyerinews.org

Johnston-Busingye, ministre w’ubucamanza/inyenyerinews.org

Kw’itariki ya 25/3/2015 ubwo umujyi wa Kigali watangizaga icyumweru cyo kurwanya ruswa, Mme Ingabire uhagarariye International Transparency Rwanda,  muri icyo kiganiro yavuze ko mu Rwanda abayobozi babeshya abaturage ko bafite ububasha bwo kubakuraho no kubashyiraho. Ati iyo biba ari impamo ukuntu abaturage birirwa batakamba ko barengana, abo bayobozi nta numwe waba ukiri m’ubuyobozi. Ati musigeho kubeshya abaturage !

City radio mu gitondo cy’umunsi ukurikira muri cya kiganiro cyayo umunsi ucyeye yafunguye micro ngo abaturage bagire icyo bavuga kubyo Mme Ingabire yari yaraye avuze. Abahamagaye bose bahurije ku kintu kimwe : « Turasaba ko baturekera uburenganzira bwacu bwo kwishyiriraho no gukuraho abayobozi ». Hari uwavuze ko iyo ahamagaye kuri radio avuga ibibazo byo mu murenge w’iwabo abayobozi baza kumureba bakamubaza impamvu yavuze kuri radio, bamubwira ko nta service azongera guhabwa !

Umunyamakuru Asumani w’ikinyamakuru Rugali, muri icyo kiganiro yavuze ko abayobozi bo mu nzego zibanze kuba badatorwa n’abaturage bakora nk’abapagasa bareba indonke zabo kurusha kureba inyungu z’umutarage. Atanga icyifuzo cyuko abayobozi b’u Rwanda bakwemera abaturage bakajya bakora imyigaragambyo yo mw’ituze kugira ngo bagaragaze icyo bifuza. Igitekerezo cya shyigikiwe na benshi.

Ubundi ingingo ya 36 yo mu itegeko nshinga yemera ko abantu bashobora guterana mw’ituze ariko baba bagomba kubikorera ahaba abantu benshi bagasaba uruhushya. Ingingo ya 20 y’itegeko ngenga no 10/2013/OL nayo yemera ko imyigaragambyo yakorwa ariko habanje gusabwa uruhushya. Aha niho hari ikibazo kuko ubutegetsi bwa Kagame butajya bwemera kunengwa ntibwatanga uruhushya rwo kwigaragambya kubashaka kugaragaza ibitagenda. Abaturage rero ububasha bahabwa n’itegeko ntabwo ubutegetsi bubemerera ko babukoresha kereka gusa iyo ari mu nyungu z’abayobozi !

Ni muri urwego ministre Busingye ku masaha yakurikiye icyo kiganiro nawe yavuganye n’abanyamakuru aho gusubiza ako kamo Mme Ingabire n’abaturage bakomye, ahubwo yaravuze ati : « Ubutegetsi bw’igihugu ni ubw’imbaga y’abanyarwanda. Bakoresha uburenganzira bwabo binyuze muri référendum cyangwa binyuze ku babahagarariye (ingingo ya 2 igika cya 3 mw’itegeko nshinga ). Amaze gushimangira ibyo ati none turi kureba ibyifuzo by’abaturage byo kugira ngo itegeko nshinga rihinduke Kagame agume k’ubutegetsi !

Nasesenguye ibi biganiro, nsanga mu Rwanda abayobozi n’abayoborwa bavuga ibintu bitandukanye nk’ukwezi n’izuba ! None se abaturage barasaba guhabwa ubwisanzure bwo kwishyiriraho abayobozi Busingye ati reka duhindure itegeko Kagame akomeze atuyobore! None se iri tegeko nshinga Busingye yibutsa abaturage rigira agaciro gusa iyo hari icyo abayobozi bashaka gusa ? Abayoborwa bo bakimwa uburenganzira ribaha iyo bitari mu nyungu z’abayobozi? None se niba abaturage bavuga bati nta bwisanzure dufite mu kwishyiriraho abayobozi Busingye asanga iyo

Ingabire Marie Immaculée, uhagarariye  Transparency International mu Rwanda

Ingabire Marie Immaculée, uhagarariye Transparency International mu Rwanda

référendum avuga usibye « gutekinika » bamenyereje abaturage hari ukuri kugushaka kw’abaturage kwaba kurimo? Ese abaturage batangiye gusaba ko ububasha bahabwa n’itegeko bwubahirizwa ntibaba batangiye kurambirwa « itekinikwa »? Ese Busingye n’abo bayoborana bazirikana ko mu myaka 5 ishize nta munyarwanda watinyukaga guhamagara kuri radio ngo avuge akamuri k’umutima ? Buhoro buhoro abaturage baragenda bashira ubwoba, bakanguka, barushaho no gusobanukirwa ko hari ububasha bahabwa n’itegeko nshinga bwo kwihitiramo abayobozi kandi ko bafite n’uburenganzira bwo gutangaza ibitekerezo byabo nta nkomyi.

Abari guhamagarira Kagame kugundira ubutegetsi bari kwihenda. Nibamureke be ku mworeka, boge magazi amazi nta kiri yayandi !

Art 101 ni Ndahindurwa.

Jean Michel Rugero
31/03/2013