Archives mensuelles : juillet 2018

Rwanda: Urubanza rw’abo kwa Rwigara rukomeje kuba amayobera

diane et sa mèreSelon  l’opinion  publique  buri  wese  akomeje  kwibaza  icyaha  nyirizina  abo  kwa  Rwigara  bagirizwa !  kuko  impamvu  atari  uko  gusa   Diane  RWIGARA   yashatse  kwiyamamariza  umwanya  w’umukuru   w’igihugu  abangikanye  na  Pahulo  Kagame  ahubwo  bigaragara  ko  hakomeje  kumvikana  impamvu  za  politiki  zidafite  aho  zishingiye  nkuko  Leta  y’agatsiko  yamye  ibikorera  n’abandi  banyarwanda  batari  bake  barimo  Mme  Victoire  Ingabire  UMUHOZA.

Ubushinjacyaha  rero  bukaba  nta  bimenyetso  bifatika  byajyana  aba  bombi  mu  Rukiko  Diane  Rwigara  na  Nyina  Adeline  Rwigara  cyane  cyane  ko  bukomeje  kwivuguruza  mu  nyito  shya.  Kuri  uyu  wa  24/07  urukiko  rukaba  rwanzuye  ko  urubanza  rutangira  kuburanishwa  mu  mizi  hatitawe  kubo  rwari  rwahamagaje  babafatanyacyaha  barimo  J.Paul  Turayishimiye  n’abandi….nguko.

Twizere  ko  igihe  kizagera  imanza  nk’izi  zarenze  amategeko  aho  n’ibitambambuga  byazirangiza  zizavaho  abanyarwanda  bagahumeka.

Banyarwanda  ngo  uyu  mwari  Diane  Rwigara  yigeze  kuvuga  ko  barimo  kwica  abatutsi  kandi  abahutu  bahari !  aliko  se  ayo  magambo  cyangwa  amarangamutima  ataniyehe  nuwavugiye  mu  masengesho  ko  niba  Karegeya  yishwe  ko  n’abandi  nkawe  byagombye  kuba  ukwo ?   undi  nanone  ati  FPR  ni  agatsiko  k’amabandi  kafashe  igihugu  ku  ngufu !  undi  ati  tuzajya  tubarasa  ku manywa  y’ihangu !  cg  ngo  muzankuraho  mu  yihe  nzira…..ya  demokrasi  se  ?…hakoreshejwe  imbunda  se ?…  byongeye  ati  ndaribwaribwa  iyaba  mwankundiraga  mukaza  vuba !  n’ibindi  bipfuye  nabi  byose  umuntu  atarondora…. Ayo  magambo  yose  ntawe  utayagereranya  n’ubwishongozi  burimo  n’ubugome  uretse  ko akarenze  umunwa  karushya  ihamagara !  ni  ukutamenya  ko  na  nyina  wundi  abyara  umuhungu !  tubitege  amaso .

 Byanditswe  ku  wa  26/07/2018, na :
A.BEN  NTUYENABO, KIGALI-RWANDA. 

Mu turere twa Nyagatare, Gatsibo na Kayonza bategetswe guhinga ibigori none byabuze isoko

ibigoriKuva muri season B 2017 kugeza uyu munsi abaturage bo mu turere  twa Nyagatare, Gatsibo na Kayonza inzara nubukene bibamereye nabi kubera kubura isoko ryibigori. nkuko mubizi mu rwanda FPR yategetse guhinga igihingwa kimwe ni muri urwo rwego muri turiya turere ho bategetswe guhinga ibigori nibishyimbo. tubibutse ko ibi bikorwa muri gahunda ndende ya FPR yo kwicisha abaturage inzara nubukene, maze yo ikarushaho kwigwizaho imitungo.

bamwe mu baturage twaganiriye bo mu karere ka Gatsibo batubwiyeko bategetswe guhinga ibigori babwirwa ko bazajya babona amasoko none amaso yaheze mu kirere. bati ibigori byeze ari byinshi kuko aribyo abantu bose bategetswe guhinga ku buryo birimo kugura 80 RF . ni mugihe kandi ibishyimbo byo bigura 400. bati kugirango ugure udushyimbo two kurya mu rugo ugurisha imifuka 5 yibigori ukagura ibiro 100 byibishimbo. bati kandi abenshi muri twe tuba twarejeje nibitageze ku mifuka 3 bitewe nuko ntaho guhinga tuba dufite kuko abeshi dukodesha.

aha buri muntu wese yakwibaza niba ibigori bigura 80 bizavamo ibyo umuntu akeneye byose mu rugo, aha turavuga: ibishyimbo, ibijumba, imbayumbati, ibirayi, ibitoki umunyu, isabune, amavuta,mituel ikarita ya telephone nibindi…  ukongeraho kwishyura amafumbire baba baguhaye, ukishyura imisanzu nimisoro . batubwiye kandi ko nushoboye kubigura atabibona hafi kuko biva kure nko mu ruhengeri havayo ibirayi. bati kandi biba bihenze cyane.

aba baturage kandi batubwiye ko iyo ugize ikindi uhinga  urugero nkimyumbati barayirimbura bakaguca namafaranga arengeje agaciro ibyo wahinzemo. batubwiye kohari nabakwa imirima yabo kubera ko bateyemo imyumbati.cyane ko muri utwo turere twera imyumbati cyane. ibyo bituma

muri utwo turere hahora inzara idashira (NZARAMBA) ku buryo bamwe birwa bazenguruka bafunguza urugero nkabo mu karere ka kayonza.

aba baturage rero bakaba basaba leta kubakuriraho icyorezo kitwa GUHUZA UBUTAKA BAGAHINGA IGIHINGWA KIMWE. barasaba kandi koko leta yabasubiza uburenganzira ku butaka bwabo yabambuye, kandi bakemererwa guhinga ibyo bashaka bakarwanya inzara bati na bya bigori byabo bashaka nibwo bizabona isoko kuko bizaba ari bike.

ngayo nguko ibyiwacu.

Jean-Michel Manirafasha
Kayonza-Rwanda

Muhanga : Abantu basaga 80 bamaze gutabwa muri yombi baregwa guhungabanya umutekano

MuhangaNi mu minsi ishize aho mu Karere ka Muhanga mu majyepfo y’igihugu haherutse kumvikana abantu batamenyekanye bari bitwaje intwaro za gakondo batemaguye abanyerondo bane ariko ku bw’amahirwe ntihagira uwitaba Imana.

Umuyobozi w’akarere ka Muhanga , Uwamariya Béatrice yadutangarije kuri tél. ngendanwa ye ko abo baturage batawe muri yombi mu rwego rwo guhumuriza abaturage babagaragariza ko umutekano wabo uhari, ati ntitwari buceceke ngo tubyihorere ku buryo bamwe muri bo bagera kuri 19 batangiye no kubyemera bakaba bari gukorerwa amadossiers ngo bashyikirizwe ubutabera.

Banyarwanda , ibi bintu ntawe utabibonamo urujijo ruturutse kuri iyi Leta y’agatsiko ka FPR-INKOTANYI, none se ntibyumvikana ukuntu abaturage bangana batyo baba barishoye mu bikorwa nkibyo nta mpamvu ihari ! ni ukubitega amaso.

Ibi bikaba bije bikulikira nanone iby’ifatwa ry’uwitwa SHYAKA Hassan wo mu Karere ka Kamonyi umurenge wa Musambira uregwa kuba yararabuye ko hari abantu bitwaje intwaro za gakondo baherutse kugaba ibitero mu baturage ba Kamonyi bakanabatemagura.

Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi KAYITESI Alice we akaba yarasabaga abaturage kwirinda no kutita kuri ibyo bikorwa kuko ngo bishobora guteza imidugararo mu gihugu hose.

CIP Emmanuel KAYIGI akaba avuga ko uriya mugabo Hassan SHYAKA agiye gukurikiranwa icyatumye avugira ku karubanda ikibyo bikorwa by’ubugizi bwa nabi. Akomeza kandi yemeza abaturage ko ibyo bikorwa birimo guterwa n’abajura bamaze kuba benshi mu ntara y’amajyepfo.

Banyarwanda, aliko se uretse kutubeshya no kutuyobya ko mbona byose byibasiye Intara y’amajyepfo nibirimo kubera Nyaruguru mu ishyamba rya Nyungwe harimo kumvikana amasasu umunsi ku wundi nabyo ni abajura ? ubwo se umutekano waba urihe niba igihugu cyacu gisigaye giterwa n’abajura bishwe n’amavunja baba bitwaje intwaro za gakondo ndetse n’imbunda zirimo amasasu kugeza ubwo ingabo zacu zibakubita amaso amaguru zikayabangira ingata ! birababaje rwose !

Banyarwanda rero ntibakababeshye ikigaragara gusa ni uko bariya baturage batawe muri yombi abenshi muribo baba bahawe breefing yibyo bagomba gutsimbararaho kugirango badakomeretsa Leta y’agatsiko ibintu bikadogera. Nguko!

Byanditswe ku wa 24/07/2018, na :
A.BEN NTUYENABO, KIGALI-RWANDA.